NTITUZABA INTWARI BITUGWIRIRIYE
Umuyobozi w’Akarere kaRUTSIRO ,Bwana BYUKUSENGE Gaspard ubwo yari mu mudugudu wa Gishushu, mu murenge wa GIHANGO Akarere ka RUTSIRO yifatanya n’abaturage batuye uyu mudugudu mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari z’igihugu, yibukije abaturage insanganya matsiko y’uyu munsi aho igira iti ‹‹DUHARANIRE UBUTWARI,DUHASHYA IHOHOTERWA RIKORERWA ABANA›› yibukije abari bawitabiriye ko ubutwari bugira intego, kandi iyo ntego igaharanirwa kugeza igezweho; ibyo bigatandukanywa no gutekereza ko umuntu yaba intwari bimugwiririye nk’impanuka. Abaturage bose bagomba guharanira ubutwari mu bikorwa byabo bya buri munsi, bigatandukana n’ibyo bamwe batekereza ko intwari ari umusirikari gusa ,yaba umuhinzi agaharanira ubutwari mu guhinga kijyambere akabona ibimutunga kandi agasagurira amasoko. Yaba umukozi ukorera Leta agaha umuturage serivise inoze kandi nta mananiza amushyizeho. Abayobozi by’umwihariko bakagira ubutwari bwo kutizinga mu biro bagasohoka bakabonana n’abaturage bakirinda ingeso yatuma abaturage birirwa basiragira mu nzego z’ubuyobozi. Yibukije ko hari igikorwa cyiza cyo gufasha abana b’igihugu muri gahunda y’Inkongoro y’umwana , abana bagahabwa amata kugira ngo n’umuturage udafite inka umwana we ntakagaragareho imirire mibi, cyane ko iki gikorwa uyu muyobozi yagitangije mu Karere ka Rutsiro ayoboye kandi abaturage bakaba baracyishimiye cyane haba ba nyiri abo bana ,haba n’abaturanyi babo bafite inka zikamwa.
Uyu munsi ubwo yabibutsaga iyo gahunda abaturage bo muri uyu mudugudu bayishimiye cyane dore ni ubwo izuba ryari ryinshi ariko abaturage bari bitabiriye ibi birori ari benshi cyane bigaragara ko uretse abarwayi abandi bose bari bawitabiriye kuva ku bana bato kugeza ku bageze mu zabukuru. Ndetse twagize amatsiko yo kumenya impamvu ubu bwitabire bwari bushimishije ,Umuyobozi w’Akarere atumbwira ko bamaze iminsi mu gikorwa cyo kuganira n’abaturage muri gahunda y’ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza. Ibyo bikaba byarabafashije cyane mu gukangurira abaturage mu kuzitabira ibi birori k’uburyo twashatse no kumenya niba ari mu midugudu yose igize Akarere ariko byagenze ,adutangariza ko hose ubwitabire bushimishije cyane .Kandi natwe aho twanyuraga twagendaga duhura n’abaturage bambaye neza berekeza ku byicaro by’imidugudu yabo.