Abakandida Senateri 15 biyamamarije mu karere ka Rutsiro

Uyu munsi mu cyumba cy'inama cy 'akarere ka Rutsiro habereye igikorwa cyo kwiyamamaza ku bakandida Senateri 15.
Aba bakandida biyamamarije imbere y'inteko itora y'akarere ka Rutsiro, bayigezaho imigabo n'imigambi biteguye kuzashyira mu bikorwa igihe bagiriwe ikizere bagatorerwa kuba abasenateri.
Inteko itora ikaba igizwe n'abajyanama b'akarere, abagize biro y'inama njyanama zo mu mirenge n'abahagarariye inzego zinyuranye.
Ibikorwa byo kwiyamamaza bikaba biteganyijwe ko bizarangira tariki ya 15 Nzeri 2019 amatora akaba bukeye bw'aho ku wa 16 Nzeri 2019 nkuko byagarutsweho na Hadji Karimunda Djamadah wari uhagarariye komisiyo y'amatora mu ntara y'I urengerazu.
Hadji Djamadah yasobanuriye abagize inteko itora uko amatora azagenda aho azakorwa mu ibanga kandi bakazakoresha urupapuro rw'itora. Yasabye abagize inteko itora kuzirinda ko hari ijwi ryaba impfabusa bubahiriza amabwiriza agenga amatora aho umuntu azaba yemerewe gutora abakandida 3 gusa.
Intara y'iburengerazuba izahagararirwa n'abasenateri 3 mu nteko nshingamategeko umutwe wa Sena bagenwa hashingiwe ku mu bare w'abaturage bagize intara.
Utora azitwaza irangamuntu cyangwa ikindi cyangombwa kemewe kigaragaza ko umuntu ari umunyarwanda.
Komiseri muri komisiyo y'igihugu y'amatora Madamu Mbabazi Judith, witabiriye iki gikorwa akaba yashimiye ubuyobozi bw'akarere ka Rutsiro ku bufatanye bugaragara kashyize muri ibi bikorwa byo kwiyamaza.
Matabaro Bernard, perezida w'inama njyanama y'akarere ka Rutsiro na we yashimiye abakandida ku ishyaka, ubushake n'ubushobozi bagaragaje biyamamaza abifuriza intsinzi kuri buri wese kandi no kuzagera ku migambi yabo igihe bazaba batumwe n'abaturage muri Sena.
Uyu munsi ukaba wari wateguwe na Komisiyo y'Igihugu y'Amatora igira ngo igaragarize inteko itora abakandida ariko bikaba bitabujijwe ko umukandida ashobora kugira gahunda ye yo kwiyamamaza mu karere ariko akiyimenyesha ubuyobozi.