EBOLA ni icyorezo gihangayikishije isi! Dukwiye kuba maso tukayikumira!

Hashize igihe kitari gito icyorezo cya Ebola kibasiye igihugu cy'igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho abasaga 1300 bamaze kuhasiga ubuzima.

Iki cyorezo kandi giherutse kugaragara mu gihugu na none cy'igituranyi cya Uganda nk'uko byagaragaye mu itangazo ry'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima ndetse na Minisiteri y'ubuzima muri iki gihugu umuntu umwe aka yaratakaje ubuzima n'abandi begereye 100 bakaba bari gukurikiranwa by'umwihariko kugira ngo barebe ko ntawaba yaranduye Ebola.

Ku bw'iyo mpamvu, Leta y'u Rwanda yafashe ingamba zikomeye hagamijwe gukumira ko icyo cyorezo cyagera ku butaka bw'u Rwanda ndetse n'uburyo rwahangana na cyo ku buryo bworoheje kiramutse kihagaragaye.

Muri iyo myiteguro, harimo no gutegura abaturage hakiri kare bagasobanurirwa ububi bw'icyo cyorezo, bakamenya uburyo cyandura n'ibimenyetso byacyo, bamenya n'uburyo bakwitwara mu gihe cyaba kigaragaye mu rwanda hakiri kare.

Ni muri urwo rwego, iki gikorwa cy'ubukangurambaga cyahagurukije inzego zose yaba iza Leta cyangwa abikorera zigahuriza hamwe imbaraga hagamijwe ko buri muturarwanda wese aba asobanukiwe n'icyorezo cya Ebola.

Kuri uyu wa mbere, ndetse no ku wa Kabiri, Akarere ka Rutsiro kakaba kakoze ubukanguramabaga mu tugari twako dukora ku nkengero z'ikiyaga cya Kivu twafashwe nk'utwugarijwe kurusha utundi muri aka karere kuko duhana imbibi n'igihugu cya Congo kandi abaturage b'ibihugu byombi bakaba bashobora guhra ku buryo bworoheje.

Iki gikorwa kikaba cyayobowe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Munyantwali Alphonse ari kumwe na Meya w'Akarere ka Rutsiro Ayinkamiye Emérance . Basabye abaturage kuba maso bakita kuri ibi bikurikira:

  1. Kwirinda gukora ingendo mu bihugu birimo cyangwa bikekwamo Ebola
  2. Kwihutira kujya kwa muganga igihe umuntu yumva arwaye
  3. Kugira umuco w'isuku bakaraba intoki kenshi gashoboka
  4. Kwirinda kurya inyamaswa zipfishije no kuzikoraho
  5. Kwirinda gukora ku  muntu wishwe na Ebola
  6. Kumenyesha abajyanama b'ubuzima mu gihe bakeka ko hari umuntu urwaye Ebola
  7. Gutangira amakuru ku gihe mu gihe bakeka ko hari umuntu ushobora kuba arwaye Ebola bahamagara kuri 114,
  8. Kwihutira gushyira mu kato uwo bakeka ko yanduye Ebola
  9. Etc

Abatureage kandi bamazwe impungenge ko kugeza magingo aya nta Ebola iragaragara ku butaka bw'u Rwanda kandi ko rwiteguye bihagije guhangana na yo mugihe cyose yaba igeze ku butaka bw'u Rwanda.

Kuri ubu:

  1. Hashyizweho ibigo bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi ba Ebola hijya no hino mu gihugu (ETC: Ebola Treatment Center),
  2. Hahuguwe abaganga n'abakorerabushake bashobora gufasha mu gihe Ebola yagaragaye
  3. Hakingiwe abantu bigaragara ko bafite ibyago byo kwandura Ebola kurusha abandi,
  4. Hashyizweho ibyuma bifite ubushobozi bwo gusuzuma abantu ko nta Ebola bafite ku mipaka n'ahandi abantu bashobora kwinjirira mu gihugu,
  5.  Ndetse no gukomeza gukangura abaturage kumenya uko bitwara mu gihe haba hari ugaragayeho Ebola.

Kugeza ubu, ubushakashatsi bugaragaza ko Ebola yica abayirwaye ku gipimo gishobora kugera kuri 90% cy'abayirwaye. Abantu rero bakaba basabwa kwirinda nta kujenjeka dore ko usibye no kuba igihugu cyabura abantu, n'ubukungu bwacyo buhazaharira!

Back