EBOLA ni icyorezo gihangayikishije isi! Dukwiye kuba maso tukayikumira!
Hashize igihe kitari gito icyorezo cya Ebola kibasiye igihugu cy'igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho abasaga 1300 bamaze kuhasiga ubuzima.
Iki cyorezo kandi giherutse kugaragara mu gihugu na none cy'igituranyi cya Uganda nk'uko byagaragaye mu itangazo ry'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku buzima ndetse na Minisiteri y'ubuzima muri iki gihugu umuntu umwe aka yaratakaje ubuzima n'abandi begereye 100 bakaba bari gukurikiranwa by'umwihariko kugira ngo barebe ko ntawaba yaranduye Ebola.
Ku bw'iyo mpamvu, Leta y'u Rwanda yafashe ingamba zikomeye hagamijwe gukumira ko icyo cyorezo cyagera ku butaka bw'u Rwanda ndetse n'uburyo rwahangana na cyo ku buryo bworoheje kiramutse kihagaragaye.
Muri iyo myiteguro, harimo no gutegura abaturage hakiri kare bagasobanurirwa ububi bw'icyo cyorezo, bakamenya uburyo cyandura n'ibimenyetso byacyo, bamenya n'uburyo bakwitwara mu gihe cyaba kigaragaye mu rwanda hakiri kare.
Ni muri urwo rwego, iki gikorwa cy'ubukangurambaga cyahagurukije inzego zose yaba iza Leta cyangwa abikorera zigahuriza hamwe imbaraga hagamijwe ko buri muturarwanda wese aba asobanukiwe n'icyorezo cya Ebola.
Kuri uyu wa mbere, ndetse no ku wa Kabiri, Akarere ka Rutsiro kakaba kakoze ubukanguramabaga mu tugari twako dukora ku nkengero z'ikiyaga cya Kivu twafashwe nk'utwugarijwe kurusha utundi muri aka karere kuko duhana imbibi n'igihugu cya Congo kandi abaturage b'ibihugu byombi bakaba bashobora guhra ku buryo bworoheje.
Iki gikorwa kikaba cyayobowe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Munyantwali Alphonse ari kumwe na Meya w'Akarere ka Rutsiro Ayinkamiye Emérance . Basabye abaturage kuba maso bakita kuri ibi bikurikira:
Abatureage kandi bamazwe impungenge ko kugeza magingo aya nta Ebola iragaragara ku butaka bw'u Rwanda kandi ko rwiteguye bihagije guhangana na yo mugihe cyose yaba igeze ku butaka bw'u Rwanda.
Kuri ubu:
Kugeza ubu, ubushakashatsi bugaragaza ko Ebola yica abayirwaye ku gipimo gishobora kugera kuri 90% cy'abayirwaye. Abantu rero bakaba basabwa kwirinda nta kujenjeka dore ko usibye no kuba igihugu cyabura abantu, n'ubukungu bwacyo buhazaharira!