Igihe cyahariwe ibikorwa by'ingabo mu iterambere byatangiye mu karere ka Rutsiro.

Kimwe n'ahandi hose mu gihugu, kuri uyu wa Gatanu tariki 20/04/2018 mu Karere ka Rutsiro hatangijwe igihe cyahariwe ibikorwa by'ingabo z'igihugu mu iterambere.
Ibi bikorwa bikaba byatangirijwe mu murenge wa Gihango mu Kagari Shyembe aho ingabo z'igihugu zifatanyije n'abahinzi b'icyayi ndetse n'abaturage muri rusange hagatunganywa Ha zigera muri eshatu hakubiyemo ubuso bwahinzwe, n'ubwabagawe. Hatewe kandi ingemwe nshya hanaterwa ifumbire.
Iki gikorwa kikaba kitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry'Ubukungu, Gakuru Munyakazi Innocent, Umuyobozi w'Ingabo Wungirije mu Turere twa Rutsiro, Ngororero, Karongi n'Imirenge itanu yo mu Karere ka Nyamasheke, Col. E. Rugazora, inzego z'umutekano zikorera mu Karere ka Rutsiro n'abaturage babarirwa mu bihumbi.
Mu ijambo rye, Gakuru yashimiye igikorwa aho yagize ati: "Turashima ingabo cyane z'Igihugu ku bwitange n'umwete zihorarna no guharanira iterambere ry'abaturage aho zirenga gucunga umutekano gusa zikanafasha mu bikorwa bitandukanye by'iterambere."
Twakwibutsa ko mu gihe nk'iki ibikorwa by'ingabo bikorwa biboneka mu ngeri nyinshi by'iterambere harimo Ubuvuzi, uburezi hubakwa ibyumba by'amashuri bitandukanye, imihanda, ubuhinzi ndetse n'ibindi bitandukanye.
Umuyobozi kandi yagarutse ku kamaro k'igihingwa cy'icyayi nko kwinjiza amadevize ashishikariza abaturage kwitabira kugihinga ku bwinshi anibutsa n'abasanzwe ari abahinzi bacyo kugifata neza ku buryo bwose.
Naho Col. Rugazora yibukije abaturage ko ibikorwa ari byo bibyara ubukukngu bw'igihugu abashishikariza gukunda umurimo.
Col. Rugazora kandi yavuzeko ubu urugamba rukomeye ingabo z'igihugu ziromo zirwana ari ukugira umuturage utekanye ku mubiri no mu mutwe kuko ubu urugamba rwo kurwanya umwanzi uturutse ahandi rwarangiye kuko n'uwabigerageza ubu atabibasha.
yagize ati: " u Rwanda rukeneye umuturage ukeye, ufite isuku n'iterambere rihamye kandi rirambye. Iyi ni yo mpamvu ingabo z'igihugu zegera abaturage bagafatanya mu kubaka igihugu. Yavuze ko ubu umutekano muke wabaho ari ukubona umuturage ubayeho nabi. Ni yo mpamvu dufata iya mbere nk'ingabo mu kugaragaraza umuturage ufite ikibazo."

