Imurikabikorwa ry'Akarere ka Rutsiro ryagaragaje ubudasa!

aaaaaraa.jpg Kuva tariki ya 14 kugeza tariki ya 16/02/2018 mu karere ka Rutsiro harimo habera igikorwa cy'imurikabikorwa. Iki gikorwa gisanzwe gifatwa nk'imwe mu indorerwamo y'imiyoborere myiza kandi kikanaba n'umwanya uhagije wo kugaragariza abaturage ibibakorerwa. Imurikaboikorwa (Open Day) kandi ni umwanya abikorera baba bahawe wo kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry'Akarere aho buri wese ahabwa umwanya agasobanurira abaturage ibyo akora n'aho babobonera. Imurikabikorwa mu karere ka Rutsiro rikaba ari ku nshuro ya 6 riteguwe ndetse rikanashyirwa muy bikorwa n'Akarere ka Rutsiro. Iry'uyu mwaka rikaba ryaragaragaje ubudasa kuko ryitabiriwe n'abantu benshi bose kandi ibintu byose byamuritswe akaba byari Made In Rutsiro ku kigereranyo cya 98%. Iyi mpamvu, kumwe n'izindi zinyuranye, akaba ari yo yatumye Umushyitsi Mukuru, Hon. Philbert Uwiringiyimana wari kumwe na Hon.Petronille Mukandekezi, ashimira cyane ubuyobozi na JADF ya Rutsiro bateguye iki gikorwa ku buryo bushimishije. Yanashimiye kandi abitabiriye imurikabikorwa kubuhanga bagaragaje mu gusobanura ibikorwa byabo. Abandi bayobozi bitabiriye iri murikabikorwa barimo Ayinkamiye Emérence, Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro,  Mjr Gonzague Ntaganda, Umukuru w'ingabo mu Karere ka Rutsiro, Marcelin Uwamahoro, Comt wa Police Station ya Gihango, Kamali JMV, umuhuzabikorwa wa PSF mu Karere ka Rutsiro na Perezida wa JDAF mu karere Muhashyi Aphrodis. Igikorwa cyashojwe no gutanga amashimwe ku bamuritse ibikorwa byabo mu buryo bunoze kurusha abandi bafashwa gucinya akadiho n'abahanzi Alexandre Mwitende Lenko na Faridha Kankundiye. aaaaataa.jpgaaaaauaa.jpgaaaaavaa.jpgaaaaaxaa.jpg
Back