Rutsiro: Akarere kaciye agahigo ko kugira amakipe menshi azahagararira Intara mu marushanwa y’Umurenge Kagame Cup (UKC) nyuma yo gutwara ibikombe 3.
Kuri uyu wa 22 na 23 Werurwe 2025, amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup yari ageze ku rwego rw’Intara amakipe ahatanira gutwara ibikombe no guhagararira Intara ku rwego rw’Igihugu.
Ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, aya marushanwa yatangijwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco aho yabereye mu Karere ka Rubavu mu byiciro binyuranywe.
Mu cyiciro cy’imikino ngororamubiri, abakinnyi baturutse mu Karere ka Rutsiro begukanye imidari 8 mu isiganwa ry'amaguru, abagore n’abagabo.
Mu cyiciro cy’imikino y’amaboko, Basketball na Volley Ball, Umurenge wa Mushubati ni wo wateruye ibikombe byombi, abagore n’abagabo mu gihe Umurenge wa Rusebeya na wo wegukanye igikombe cya Volleyball.
Mu mukino w'amaguru, abagore n’abagabo, amakipe y’ Akarere ka Rutsiro ntikahiriwe no gutwara ibikombe ariko asigarana amahirwe yo kuzahagararira Intara kubera ko Intara y’Iburengerazuba ari yo yari yatwaye ibikombe by’amarushanwa ya Kagame Cup ku rwego rw’Igihugu. Iyo Intara ari yo yatwaye igikombe ihabwa amahirwe yo guserukirwa n’amakipe 2 muri icyo cyiciro.
Kubera iyo mpamvu, Akarere ka Rutsiro kahise kagira amakipe 5 azagahagararira mu marushanwa y’Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’Igihugu, harimo 3 y’imikino y’amaboko n’2 mu mukino w’amaguru (football); Murunda mu bagore na Boneza mu bagabo.
Amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup akazakomeza muri Gicurasi 2025.
Uretse kuba amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup intego yayo nyamukuru ari ukwimakaza imiyoborere myiza, anagamije guteza imbere impano zitandukanye no guteza imbere ubuzima bwiza.
Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imiberho myiza y’abaturage Madamu Umuganwa Marie Chantal waherekeje amakipe n’abakinnyi bitabiriye yashimiye abakinnyi ku bwo guhagarira Akarere neza bakagahesha ishema. Yabijeje ko Akarere kazakomeza gukora ibishoboka byose ngo amarushanwa akomeze kugenda neza. Yabasabye kutirara bagakomeza imyiteguro ku buryo n’ibikombe byo ku rwego rw’Igihugu babitwara.
Uduhigo tw’Akarere ka Rutsiro muri Kagame Cup:
Mbere na mbere, Akarere ka Rutsiro ni ko kagize amakipe menshi ahagarariye Intara mu marushanwa y’umurenge Kagame Cup mu byiciro bitandukanye.
Kugeza ubu, Akarere ka Rutsiro kamaze gutwara ibikombe 8 by’amarushanwa y’umurenge Kagame Cup mu mukino w’amaguru (football) kuva yatangira muri 2006.

