Rutsiro: Habereye inama itangiza gahunda ya RISE (Resilience in Secondary Education)-Rwanda igamije gufasha urubyiruko rwacikirije amashuri.

Ku wa mbere tariki ya 15 Ukuboza 2025, mu Karere ka Rutsiro habereye inama itangiza gahunda ya RISE Rwanda, yahuje abafatanyabikorwa mu burezi ku rwego rw’Akarere hagamijwe kungurana ibitekerezo ku buryo bwo kwagura amahirwe y’uburezi bw’ayisumbuye ku rubyiruko rwacikirije amashuri. Inama yafunguwe na Bwana Niyorurema Damas, Umuyobozi ushinzwe Uburezi mu Karere, washimangiye ko Akarere ka Rutsiro kiyemeje gushyigikira gahunda z’uburezi budaheza kandi zitanga amahirwe angana kuri bose.

Muri iyi nama, hakozwe isesengura rusange ry’Umushinga wa RISE Rwanda, ugamije guha urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35 rwarangije amashuri abanza n'ikiciro rusange cy'amashuri yisumbuye ariko rutarangije ayisumbuye amahirwe yo gusubira mu ishuri binyuze mu nzira zitandukanye zemewe n’igihugu. Hatanzwe imibare igaragaza ubwinshi bw’urubyiruko rwacikirije amashuri mu Rwanda ndetse n’akamaro ko gushyiraho uburyo bushya bw’imyigire bushingiye ku ikoranabuhanga kandi bukorera hafi y’abaturage.

Abitabiriye inama basobanuriwe ko gahunda ya RISE Rwanda ishyirwa mu bikorwa ku bufatanye buyobowe na UNICEF, ifatanyije na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’izindi nzego za Leta, mu gihe Umuryango Catholic Relief Services (CRS) ushinzwe guhuza ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda mu Karere ka Rutsiro no mu tundi turere two mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo. Mu Karere ka Rutsiro, iyi gahunda izashyiraho ibigo by’imyigire byihariye biri mu baturage, bigafashwa n’abigisha n’abajyanama batojwe, hifashishijwe ikoranabuhanga n’izindi serivisi zunganira abanyeshuri zirimo ubujyanama mu mitekerereze.

Inama yanagarutse ku nshingano z’inzego zitandukanye z’Akarere mu gushyira mu bikorwa iyi gahunda neza, zirimo kumenya no gushishikariza urubyiruko rwujuje ibisabwa, gukurikirana aho imyigire ibera, no guteza imbere uruhare rw’abaturage mu gutuma gahunda igenda neza. Abitabiriye inama bashimye iyi gahunda, bayifata nk’igisubizo gikenewe mu guteza imbere uburezi bufite ireme, kugabanya ubushomeri mu rubyiruko no gushyigikira icyerekezo cy’Igihugu cya 2050 na gahunda ya NST2.

Inama yasojwe hasabwa ko hakomeza ubufatanye hagati y’Akarere, abafatanyabikorwa n’abaturage, kugira ngo urubyiruko rwo mu Karere ka Rutsiro rwujuje ibisabwa rugerweho na gahunda ya RISE Rwanda, rusubire mu ishuri kandi rubashe kwinjira mu mirimo itandukanye no mu yandi mahirwe y’iterambere.

Back