Rutsiro: Ikipe yongeye gutwara igikombe cy’Umurenge kagame Cup ku rwego rw’Igihugu.

Uyu munsi tariki ya 5/5/2024 mu karere ka Rubavu kuri sitade Umuganda  habereye imikino ya nyuma y'amarushanwa y'Umurenge Kagame Cup.

Muri aya marushanwa, Akarere ka Rutsiro kakaba kari gafitemo amakipe atandukanye harimo ikipe y’umukino w’intoki (Basketball), abasiganwa ku maguru, n’ikipe y’umupira w’amaguru y’Umurenge wa Murunda mu cyiciro cy’abagore.

Ikipe y'abagore y'Umurenge wa Murunda yakinnye n'ikipe y'Umurenge wa Mahembe yo mu karere ka Nyamasheke.

Ikipe ya Murunda ikaba yaje guhesha ishema n’ibyishimo abanyarutsiro n’inshuti za Rutsiro nyuma yo gutsinda ikipe ya Mahembe ibitego 2 ku busa.

Iyi mikino ikaba ari imikino yari yateye amatsiko inzego zitandukanye aho wanitabiriwe n’abayobozi batandukanye bayobowe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Bwana Musabyimana Jean Claude.

By’umwihariko, abagize Komite Nyobozi y'Akarere ka Rutsiro bayobowe na Madamu Kayitesi Dative, Umuyobozi w’Akarere, bari kumwe n'Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umurenge wa Murunda bitabiriye uyu mukino banifuriza ikipe itsinzi aho yanayigezeho nk’uko byifujwe kandi bikanaharanirwa.

Madamu Kayitesi yashimiye abakinnyi n'abandi bose muri rusange nyuma yo gutsinda, ati: "dushimiye abakinnyi by'umwihariko, umutoza, ubuyobozi bw'umurenge wa Murunda n'abandi bose babaye hafi ikipe ikaba iduhesheje ishema itwara igikombe. Harakabaho imiyoborere myiza."

Muri aya marushanwa, Akarere kabonye n'ibindi bihembo aho muri basketball, ikipe y'Umurenge wa Mushubati mu bagore  yegukanye umwanya wa 3 nyuma yo y'itsinda ikipe yo mu karere ka Rulindo amanota 25-22.

Mu gusimbuka urukiramende, na byo byari mu mikino y’amarushanwa,  umukinnyi uhagarariye Akarere ka Rutsiro waturutse mu Murenge wa Mushubati witwa Nishimwe Francoise yayonye umwanya wa 2 ku rwego rw'igihugu.

Tugarutse gato ku mateka, Akarere ka Rutsiro gafite ibikombe 8 by'Umurenge Kagame Cup mu bubiko: 6 mu bagore na 2 mu bagabo. Dore uko imirenge yagiye ibitwara ibikombe: Umurenge wa Kivumu, 2014 na 2016; Umurenge wa Mushubati, 2017 na 2018; Umurenge wa Kivumu, Umurenge wa Murunda 2022 na 2023 Murunda. Abagabo: Umurenge wa Gihango 2017 na 2019.

Aya marushanwa yatangiye mu mwaka wa 2006 yitwa 'Imiyoborere Myiza" ahindura izina muri 2010. Uyu munsi yashojwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana Musabyimana Jean Claude.

Back