Rutsiro: Ubumwe n'ubudaheranwa ni urugendo rusaba uruhare rwa buri wese.

Uyu munsi tariki ya 28 Ukwakira 2025, kuri hotel Ubumwe hateraniye inama y'Ihuriro ry'Ubumwe n'Ubudaheranwa mu Karere iba 1 mu mwaka igahuza abayobozi n'abari abayobozi mu karere kuva 1994, abayobozi b'inzego z'umutekano mu Karere, n'abandi mu byiciro bitandukanye. Inama yayobowe n'Umuyobozi w'Akarere Madamu Kayitesi Dative.

Afungura inama, Madamu Kayitesi yashimiye Ubuyobozi bushyira imbere ubumwe bw'Abanyarwanda aho yagize ati: "ni amahirwe akomeye kuba Leta y'Ubumwe bw'Abanyarwanda yarashyizeho IHURIRO RY'UBUMWE N'UBUDAHERANWA ku rwego rw'Akarere. Ni ingenzi rero ko iri huriro ritubera umwanya nyayo wo kuganira ku cyatuma ubumwe n'ubudaheranwa byimakazwa."

Iyi nama isuzuma aho urugendo rw'ubumwe n'ubudaheranwa rugeze mu Karere, imbogamizi zikigaragara n'icyakorwa kugira ngo ihame ry'ubumwe n'ubudaheranwa bigere ku kigero cy'100% mu Karere.

Inama yasuzumye imyanzuro yafashwe mu nama iheruka n'uburyo yashyizwe mu bikorwa. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere Bwana Bagirishya Pierre Claver yagaragaje ko imyanzuro yafashwe yashyizwe mu bikorwa mu buryo bushimishije.

Mu kiganiro cyagarutse ku bumwe n'ubudaheranwa mu Karere, abayobozi bagaragaje ko hari intambwe nziza imaze guterwa muri uru rugendo aho abaturage benshi bahuje ikerekezo bakaba barajwe ishinga no gutera imbere. Bagarutse ku ruhare rw'abayobozi kugira ngo iyi ntambwe itazasubira inyuma aho basabwe kwegera abaturage, cyane cyane abakoze ibyaha bya Jenoside bakaganirizwa bagafashwa kujya mu murongo umwe n'abandi.

Abari mu nama bagarutse ku mbogamizi zigikoma mu nkokora ubumwe n'ubudaheranwa.
Harimo kuba gahunda zijyanye n'ubumwe n'ubudaheranwa zigiharirwa ubuyobozi cyane, kwigisha urubyirukoku bumwe n'ubudaheranwa bitarashyirwamo imbaraga zihagije, kuba hari abacitse ku icumu batarabasha kubabarira no gukira ibikomere bya Jenoside, kuba hari abakoze Jenoside bakifitemo ingengabiterezo yayo, kuba inzira yo gusaba imbabazi no kubabarira idashyirwa mu bikorwa mu buryo buhagije, kudatanga amakuru ku mibiri itaragaragara, n'ibindi.

Abagize Ihuriro ry'Ubumwe n'Ubudaheranwa mu Karere.


1º Umuyobozi w'Akarere ari na we muyobozi w'lhuriro;

2 Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere aribera umwanditsi;

3º Abagize Inama Njyanama y'Akarere;

4° Abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere bari mu mirimo;

5° Abahoze muri Biro y'Inama Njyanama y'Akarere, Abayobozi n'Abayobozi bungirije b'Uturere;

6º Abayobozi n'abahoze ari abayobozi guhera 19/07/1994 mu nzego zimitegekere y'lgihugu ku rwego rwa Komini/Akarere, Superefegitura, Perefegitura/Intara n'Umujyi wa Kigali bakomoka, batuye cyangwa bakorera mu Karere;

7º Abakiri n'abahoze mu Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi guhera tariki ya 19/07/1994 bakomoka, batuye cyangwa bakorera mu Karere;

8° Abakomiseri muri Komisiyo bari mu mirimo n'abahoze aribo batuye mu Karere cyangwa bashinzwe gukurikirana ibikorwa by'ubumwe n'ubwiyunge mu Karere;

9º Abarinzi b'lgihango ku rwego rw'lgihugu batuye mu Karere;

10° Abarinzi b'lgihango ku rwego rw'Akarere harimo n'abemejwe mu tundi Turere ariko baba muri ako karere;

11 Abayobozi b'amashuri makuru na kaminuza biri mu Karere;

12° Abahagarariye abanyeshuri bo mu mashuri makuru na kaminuza biri mu Karere;

13° Uhagarariye Ibuka ku rwego rw'Akarere;

14 Uhagarariye imiryango ishingiye ku myemerere ku rwego rw'Akarere;

15º Perezida w'Abakangurambaga b'Ubumwe n'Ubwiyunge ku rwego rw'Akarere;

16. Umuyobozi w'Akarere ashobora gutumira undi muntu yifuza mu nama y'Ihuriro kubera ubunararibonye amuzi ho cyangwa ubundi bwunganizi amutezeho.

Back